Umuyoboro wemewe w’Abahamya ba Yehova

Ibirimo Beliefs Future Medical Topics Twandikire Publications Languages

Abahamya ba Yehova—Ni Bantu Ki? Imyizerere Yabo Ni Iyihe?

Ingingo ibanzaIngingo ikurikira

Imyizerere Yabo Ni Iyihe?

Abahamya ba Yehova bizera Imana Ishoborabyose, ari yo Yehova, Umuremyi w’ijuru n’isi. Kuba hariho ibintu by’urusobe bitangaje biri kuri gahunda mu kirere kidukikije, bitwumvisha ko hariho Umuremyi w’ibyo byose w’umunyabwenge kandi ufite imbaraga mu buryo buhebuje. Nk’uko ibikorwa by’abagabo n’abagore bigaragaza imico yabo, ni na ko ibikorwa bya Yehova Imana bigaragaza imico ye. Bibiliya itubwira ko ‘[imico] itaboneka yayo igaragara neza, uhereye ku kuremwa kw’isi, igaragazwa n’ibyo yaremye.’ Nanone kandi, “ijuru rivuga icyubahiro cy’Imana,” ari nta jwi cyangwa amagambo.—Abaroma 1:20; Zaburi 19:2-5, umurongo wa 1-4 muri Biblia Yera.

ISI . . . yaremwe na Yehova . . . yahawe umuntu kugira ngo ayiteho . . . izaturwaho iteka ryose

Abantu ntibabumba ibibindi cyangwa ngo bakore televiziyo na orudinateri badafite umugambi runaka. Isi n’ibiremwa byayo bigizwe n’ibimera hamwe n’inyamaswa biratangaje cyane kurushaho. Imiterere y’umubiri w’umuntu hamwe n’ingirabuzimafatizo zawo zibarirwa muri za miriyari ni ibintu birenze ubwenge bwacu—ndetse n’ubwonko ubwabwo dukoresha mu gutekereza ni ikintu gitangaje umuntu adashobora kwiyumvisha! Niba abantu baba bafite umugambi runaka mu guhanga ibintu byoroheje cyane ugereranyije, nta gushidikanya ko Yehova Imana yari afite umugambi igihe yaremaga ibintu bitangaje cyane! Mu Migani 16:4 (NW) havuga ko “Yehova yakoze buri kintu cyose ku bw’umugambi we.”


Yehova yaremye isi afite umugambi, nk’uko yabibwiye abantu babiri ba mbere agira ati “mwororoke, mugwire, mwuzure isi . . . mutware amafi yo mu nyanja, n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere, n’ibintu byose bifite ubugingo byigenza ku isi” (Itangiriro 1:28). Kubera ko uwo mugabo n’umugore batumviye, ntibashoboye kuzuza isi imiryango ikiranuka yari kwita ku isi n’ibimera byayo hamwe n’inyamaswa mu buryo burangwa n’urukundo. Ariko kandi, kuba batarabishoboye ntibyaburijemo umugambi wa Yehova. Imyaka ibarirwa mu bihumbi nyuma y’aho, handitswe amagambo agira ati ‘Imana, Umuremyi w’isi ntiyayiremeye ubusa.Yayiremeye guturwamo.’ Ntizarimburwa, ahubwo “isi ihoraho iteka” (Yesaya 45:18, NW; Umubwiriza 1:4). Umugambi Yehova afitiye isi uzasohozwa: “imigambi yanjye izakomera, kandi ibyo nzashaka byose nzabikora.”—Yesaya 46:10.

Bityo rero, Abahamya ba Yehova bizera ko isi izahoraho iteka ryose, kandi ko abantu bose, abazima n’abapfuye, bazaba bakwiriye mu buryo buhuje n’umugambi wa Yehova uhereranye n’isi izaba yahinduwe nziza kandi ituwe, bashobora kuzayibaho iteka. Kubera ko abantu bose barazwe ukudatungana guturuka kuri Adamu na Eva, bose ni abanyabyaha (Abaroma 5:12). Bibiliya itubwira ko “ibihembo by’ibyaha ari urupfu.” “Abazima bazi ko bazapfa: ariko abapfuye bo nta cyo bakizi.” “Ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa” (Abaroma 6:23; Umubwiriza 9:5; Ezekiyeli 18:4, 20). None se, ni gute bashobora kongera kubaho kugira ngo babone imigisha ku isi? Byashoboka binyuriye gusa ku gitambo cy’incungu cya Kristo Yesu, kuko yagize ati “ni jye kuzuka n’ubugingo; unyizera, naho yaba yarapfuye, azabaho.” ‘Abari mu bituro bose bazumva ijwi rye, bavemo.’—Yohana 5:28, 29; 11:25; Matayo 20:28.

Ni gute ibyo bizasohozwa? Bisobanurwa mu ‘butumwa bwiza bw’ubwami,’ ubwo Yesu yatangiye gutangaza igihe yari ku isi (Matayo 4:17-23). Ariko kandi, muri iki gihe Abahamya ba Yehova barimo barabwiriza ubutumwa bwiza mu buryo bwihariye cyane.

IMYIZERERE Y’ABAHAMYA BA YEHOVA

Imyizerere Imirongo y’Ibyanditswe Ibihamya
Bibiliya ni Ijambo ry’Imana kandi ni ukuri 2 Tim 3:16, 17; 2 Pet 1:20, 21; Yoh 17:17
Bibiliya ni yo yiringirwa kurusha imigenzo y’abantu Mat 15:3; Kolo 2:8
Izina ry’Imana ni Yehova Yer 16:21; Yes 12:2; 26:4; Hab 3:19
Kristo ni Umwana w’Imana kandi Imana iramuruta Mat 3:17; Yoh 8:42; 14:28; 20:17; 1 Kor 11:3; 15:28
Kristo ni we kiremwa cya mbere mu byo Imana yaremye Kolo 1:15; Ibyah 3:14
Kristo yapfiriye ku giti, si ku musaraba Gal 3:13; Ibyak 5:30
Ubuzima bwa kimuntu bwa Kristo bwatanzweho incungu ku bw’abantu bumvira Mat 20:28; 1Tim 2:5, 6; 1 Pet 2:24
Igitambo kimwe cya Kristo cyari gihagije Rom 6:10; Heb 9:25-28
Kristo yazuwe mu bapfuye ari umuntu wo mu buryo bw’umwuka udapfa 1 Pet 3:18; Rom 6:9; Ibyah 1:17, 18
Kuhaba kwa Kristo ni mu buryo bw’umwuka Yoh 14:19; Mat 24:3; 2 Kor 5:16; Zab 110:1, 2
Ubu turi mu ‘gihe cy’imperuka’ Mat 24:3-14; 2 Tim 3:1-5; Luka 17:26-30
Ubwami buyobowe na Kristo buzategeka isi mu buryo burangwa no gukiranuka n’amahoro Yes 9:5, 6, umurongo wa 6 n’uwa 7 muri Biblia Yera; 11:1-5; Dan 7:13, 14; Mat 6:10
Ubwami buzazana imibereho itunganye ku isi Zab 72:1-4; Ibyah 7:9, 10, 13-17; 21:3, 4
Isi ntizigera irimburwa cyangwa ngo ireke guturwaho Umubw 1:4; Yes 45:18; Zab 78:69
Imana izavanaho gahunda y’ibintu ya none mu ntambara ya Harimagedoni Ibyah 16:14, 16; Zef 3:8; Dan 2:44; Yes 34:2; 55:10, 11
Ababi bazarimburwa iteka ryose Mat 25:41-46; 2 Tes 1:6-9
Abantu Imana yemera bazahabwa ubuzima bw’iteka Yoh 3:16; 10:27, 28; 17:3; Mar 10:29, 30
Hariho inzira imwe gusa ijyana mu buzima Mat 7:13, 14; Ef 4:4, 5
Kuba abantu bapfa byatewe n’icyaha cya Adamu Rom 5:12; 6:23
Ubugingo bw’umuntu ntibukomeza kubaho iyo amaze gupfa Ezek 18:4; Umubw 9:10; Zab 6:6, umurongo wa 5 muri Biblia Yera; 146:4; Yoh 11:11-14
Ikuzimu ni imva rusange y’abantu Yobu 14:13; Ibyah 20:13, 14
Ibyiringiro ku bantu bapfuye ni umuzuko 1 Kor 15:20-22; Yoh 5:28, 29; 11:25, 26
Urupfu rwakomotse kuri Adamu ruzavanwaho 1 Kor 15:26, 54; Ibyah 21:4; Yes 25:8
Umukumbi muto ugizwe n’abantu 144.000 gusa ni wo uzajya mu ijuru gutegeka hamwe na Kristo Luka 12:32; Ibyah 14:1, 3; 1 Kor 15:40-53; Ibyah 5:9, 10
Abo bantu 144.000 babyarwa ubwa kabiri bakaba abana b’umwuka b’Imana 1 Pet 1:23; Yoh 3:3; Ibyah 7:3, 4
Isezerano rishya [Yehova] yarigiranye n’Abisirayeli bo mu buryo bw’umwuka Yer 31:31; Heb 8:10-13
Itorero rya Kristo ni we ryubatsweho ubwe Ef 2:20; Yes 28:16; Mat 21:42
Amasengesho agomba guturwa Yehova wenyine binyuriye kuri Kristo Yoh 14:6, 13, 14; 1 Tim 2:5
Amashusho ntagomba gukoreshwa mu gusenga Kuva 20:4, 5; Lewi 26:1; 1 Kor 10:14; Zab 115:4-8
Ubupfumu bugomba kwamaganirwa kure Guteg 18:10-12; Gal 5:19-21; Lewi 19:31
Satani ni we mutegetsi utaboneka w’isi 1 Yoh 5:19; 2 Kor 4:4; Yoh 12:31
Umukristo ntagomba kwifatanya mu miryango mpuzamatorero 2 Kor 6:14-17; 11:13-15; Gal 5:9; Guteg 7:1-5
Umukristo agomba kwitandukanya n’isi Yak 4:4; 1 Yoh 2:15; Yoh 15:19; 17:16
Amategeko y’abantu atarwanya amategeko y’Imana agomba kubahirizwa Mat 22:20, 21; 1 Pet 2:12; 4:15
Kwinjizwa amaraso mu mubiri anyujijwe mu kanwa cyangwa mu mitsi ni ukwica amategeko y’Imana Itang 9:3, 4; Lewi 17:14; Ibyak 15:28, 29
Amategeko ya Bibiliya ahereranye n’umuco agomba kubahirizwa 1 Kor 6:9, 10; Heb 13:4; 1 Tim 3:2; Imig 5:1-23
Itegeko ryo kubahiriza Isabato ryahawe Abisirayeli bonyine kandi ryarangiranye n’Amategeko ya Mose Guteg 5:15; Kuva 31:13; Rom 10:4; Gal 4:9, 10; Kolo 2:16, 17
Kugira itsinda ry’abakuru b’idini no kwitwa amazina y’icyubahiro yihariye ntibikwiriye Mat 23:8-12; 20:25-27; Yobu 32:21, 22
Umuntu ntiyabayeho biturutse ku bwihindurize, ahubwo yararemwe Yes 45:12; Itang 1:27; Mat 19:4
Kristo yatanze urugero rugomba gukurikizwa mu gukorera Imana 1 Pet 2:21; Heb 10:7; Yoh 4:34; 6:38
Umubatizo wo kwibizwa mu mazi uko umuntu yakabaye wese ushushanya ukwiyegurira Imana Mar 1:9, 10; Yoh 3:23; Ibyak 19:4, 5
Abakristo baha abantu bose ubuhamya ku bihereranye n’ukuri gushingiye ku Byanditswe babigiranye ibyishimo Rom 10:10; Heb 13:15; Yes 43:10-12
 

Cyasohotse mu mwaka wa 2001

IbirimoKu ntangiriroIngingo ibanzaIngingo ikurikira